Thursday, April 14, 2016

Kwiheba bishobora gutuma umuntu yigirira nabi




Bitewe n’ibintu bitandukanye bigoye kwihanganira umuntu anyuramo mu buzima, ashobora gutakaza icyizere cyo kubaho, ndetse bikaba byanagira ingaruka zamuviramo no kwigirira nabi cyangwa kwiyahura.

Indwara yo kwiheba ica umuntu intege, ikamubangamira muri gahunda ze za buri munsi. Abahanga ntibavuga rumwe ku birebana no kumenya niba umuntu afite agahinda gasanzwe cyangwa niba arwaye indwara yo kwiheba. Icyakora, hari abantu bahorana ibyiyumvo bibi, bakumva biyanze kandi umutimanama wabo ukababuza amahwemo.

Ibi bishobora guterwa n’ibintu bitandukanye birimo aho umuntu atuye, akazi akora, umuryango we, ibyo yanyuzemo, inshingano n’ibindi bitandukanye, cyangwa se bigaturuka ku myitwarire ye, uko aruhuka, igihe asinzirira n’ibindi.

Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko kwiheba ari imbaraga zituruka imbere mu mubiri cyangwa inyuma zikagira impinduka ku byiyumvo n’imyitwarire by’umuntu.
Urubuga ‘doctissimo’ rugaragaza ko kwiheba bigira ingaruka ku muntu byagereranywa n’uburyo imirya y’inanga iba ireze; iyo itareze neza ijwi riba ribi kandi rikagira amakaraza, yaba ireze cyane ijwi rikamena amatwi cyangwa imirya igacika.

Nk’uko bakomeza babivuga ngo hari abantu bagira kwiheba bidashira, bigatuma biyahuza inzoga, ibiyobyabwenge cyangwa itabi, mu gihe abandi batangira guhindagura imirire, bakamara amasaha menshi bareba televiziyo cyangwa bari kuri mudasobwa.

Ibi rero ngo bituma aho kugira ngo ikibazo bafite gikemuke, ibintu birushaho kuzamba, umuntu akaba yakwigirira nabi ndetse akaba yakwiyahura.

Icyo wakora igihe wahungabanye
Mu gihe umuntu yahuye n’ihungabana runaka ngo ni byiza kubwira umwe mu bagize umuryango we cyangwa inshuti afitiye icyizere.
Ubushakashatsi bwagaragaje ko iyo umuntu ashyigikiwe n’incuti ze, bimurinda indwara zifitanye isano n’imihangayiko
Ni byiza kandi ko uwahuye n’ihungabana ashakisha icyamuranganza ndetse akaruhuka bihagije

Friday, April 8, 2016

Ni izihe ngeso abagore batishimira z’ abagabo babo?

Abagore benshi iyo muganiriye bakubwira ko abagabo wabona batagira utugeso tubangamira abagore babo ari bakeya. Iyo utwo tugeso dukabije dushobora kuba intandaro y’ ubwumvikane buke mu muryango .
Reka turebere hamwe zimwe muri izo ngeso abagabo bagira zidashimisha abagore babo.

Iya mbere ni umugabo ufuha cyane. Burya uwo ukunda ushobora kumufuhira , ariko iyo gufuha bikabije biba inenge ndetse bikaba n’ ingeso mbi yatuma mu rugo hahora amakimbirane adashira. Hari abagabo bafuha ku buryo batajya bifuza ko umugore we yavugana n’ undi mugabo, cyangwa ntibifuze ko umugore yakora ibikorwa bimuteza imbere cyangwa ngo yige amashuri menshi, bibaza ko ejo umugore yamurenza ubushobozi akamusuzugura.



Indi ngeso twavuga ni umugabo uhora usuzuguza umugore we cyangwa akamushyira hasi cyane. Mu buzima busanzwe iyo umuntu ahora agusuzugura akakwereka ko nta cyo ushoboye, ibyo bigusubiza hasi. Umugabo utigera abona ko ibyo umugore we yakoze ari byiza cyangwa se bitunganye , urugero tuvuge nk’iyo umugore atwaye imodoka ari kumwe n’ umugabo we, umugabo akagenda amuha amabwiriza adashira, amubwira ko ari gutwara nabi, ko ntabyo ashoboye, amubwira nabi , amutonganya, amunenga, ibi bituma umugore adatera imbere ndetse akumva atishimiye kongera kugendana n’ umugabo we ubutaha. Hari n’ abagabo banenga abagore babo mu ruhame abantu bumva ,ibi nabyo si byiza.
Ingeso ya gatatu abagore batishimira ni umugabo ushima abagore b’abandi ariko utajya ashima umugore we na rimwe. Hari umugabo gendana n’ umgore we yahura n’ undimugore, agatangira kumureba cyane, ashima uko ateye, uko yambaye, uko aseka, uko agenda, n’ ibindi. Ibi bituma umugore we ashobora gufuha cyangwa akaba yafata umugabo we nk’ ushobora no kumuca inyuma, iyi ngeso rero abagore benshi ntibayikunda.

Indi ngeso ni umugabo ukunda kuvuga vuga amagambo menshi muri mu bantu. Hari umugabo ukunda kuvuga cyane akenshi mu magambo avuga ukumva harimo kwiyemera, kwirata, gusebya no kunenga abandi, kwishyira mu rwego atarimo, bene uyu mugabo akenshi akunda no kwiha ijambo iyo ari mu bandi, ku buryo ubona abantu bose bamurambiwe ndetse bakamwinuba. Umugore ufite umugabo uteye gutya biramubangamira cyane, akenshi akumva ntiyaba ari kumwe nawe, cyangwa akumva no kuganira nawe ntibimunejeje kuko nawe iyo baganira ntatuma avuga yiharira ijambo.
Umugabo ugira umwanda, udakaraba ku buryo bigera aho agira impumuro mbi , ntiyoge mu kanwa ku buryo agira umwuka mubi mu kanwa umugore we akumva atanahindukira ngo aryame amureba. Bene uyu mugabo usanga atibwiriza guhindura imyenda cyangwa yayihindura iyo yari yambaye ugasanga yayijugunye aho abonye, ibi nabyo ntibinezeza umugore we.

Ingeso twasorezaho nubwo ari nyinshi cyane, ni umugabo ukomeza kwihambira kuri nyina kandi yarashatse umugore. Ibi byo birababaza kurenza ibindi byose twavuze haruguru, kandi bishobora no gusenya urugo vuba cyane kurenza ibindi . Burya umugabo wese akwiye kumenya ko iyo ashatse umugore asiga se na nyina akabana nuwo mugore we akaramata bombi bakaba umubiri umwe, niko ijambo ry’Imana ribitubwira. Iyo umugabo ashatse umugore niwe agomba guhindura umujyanama we wa bugufi, ndetse agomba no kwemera ko amusimburira nyina akaba ariwe ufata umwanya wa mbere mu buzima bwe.

Umugabo rero ukunda kubitsa amabanga nyina, akamugisha inama mbere yo kuyigisha umugore we, nyina akaba ariwe umufatira ibyemezo, ntabwo ashobora kubana neza n’ umugore we.Hari umugabo uva ku kazi aho gutaha mu rugo ngo umugore we amwakire neza, agahitira kwa nyina, akaryayo, agatindayo, ugasanga bicaranye bonyine bahwihwisa utugambo tudashira, yataha akanga kurya ngo yariye kwa nyina, ibi abagore bose barabyanga birababangamira.

Ingeso twavuga ni nyinshi ariko reka turekere aho ubutaha tuzavuga noneho ku ngeso mbi abagore bagira zikababaza abagabo, kugirango dufashe impande zombie abagabo n’ abagore kubaka ingo nziza z’ amahoro zirangwa n’ urukundo kandi zinezeza Imana.

Bimwe mu bintu bituma urukundo rurushaho gushinga imizi

Hari abatekereza ko gukunda ndetse nawe ugakundwa bihagije, ariko burya iyo bigeze ku bikenewe ngo umubano wanyu urusheho gukomera no gushinga imizi, urukundo rwonyine ntiruhagije.
Abakundana burya akenshi ntibatandukana kubera ko urukundo rwabuze, ahubwo hari ibindi bintu by’ingenzi biba byabuze kandi na byo bikenewe cyane kugira ngo urukundo rurusheho gushinga imizi.
Urubuga Elcrema rutanga inama ku rukundo n’imibanire y’abantu rwakusanyije bimwe mu bintu bitari urukundo bikenewe hagati y’abakundana kugira ngo barusheho gukomera mu rukundo no kurambana.
 
1.Icyizere
Niba ukundana n’umuntu ariko udashobora kumugirira icyizere cyangwa se mwese mukaba mutizerana ku buryo buhagije, ntimuzigere mutekereza ko umubano wanyu uzaramba kuko ntacyo ufite gihamye wubakiyeho.
Ukeneye kwizera uwo mukundana kugira ngo urukundo rwanyu rukomere.
Icyizere ariko na cyo ntigipfa kwizana ahubwo buri wese agomba guharanira no gukora ibikorwa bituma aba umwizerwa ku imbere y’umukunzi we.

2.Ubushake
Ikindi kintu gikenewe kugira ngo urukundo n’umubano birambe ni ubushake bwo kuba muri urwo rukundo koko.
Buri umwe mu bakundana agomba kugira ubushake bwo kubaka wa mubano ndetse bakagerageza no gushyiramo imbaraga nyinshi zishoboka kugira ngo ubashe gukomera no kuramba.
Iyo nta bushake, urukundo mufitanye igipimo rwaba rururiho cyose, umubano wanyu ntushobora kurenga umutaru.

3.Kubabarira
Nta muntu n’umwe udakosa, kubabarira rero ni kimwe mu bintu bikenewe atari hagati y’abakundana gusa ahubwo no mu buzima bwa buri munsi bw’abantu.
Niba koko ukeneye kubaka umubano ukomeye hagati yawe n’uwo ukunda, ukwiye kumenya gutanga imbabazi kuko urukundo nyarwo rurangwa no kubabarira.
Wowe n’umukunzi wawe niba mutajya mubabarirana mumenye ko nta mahirwe na make mufite yo kubana akaramata nk’uko mubyifuza.

4.Gusaba imbabazi no gushima
Burya kubabarira ni ngombwa, ariko nanone biragora gutanga imbabazi mu gihe uwakosheje atiteguye kuba yazisaba.
Abakundana bakwiye kwiga gusabana imbabazi igihe habayeho gukosa, kuko ibi bizabarinda kuba ikibazo bagiranye kigera ku rwego batakibashije kugikemura.
Ikindi kintu cy’ingenzi kijyana no gusaba imbabazi no kubabarira ni ukumenya gushima igihe hari icyiza ukorewe n’umukunzi wawe, kuko bituma yumva hari agaciro afite bigatuma arushaho guharanira kugukorera ibigushimisha.

4.Kwihanganira no kumva umukunzi wawe
Kwihangana na byo birakenewe cyane mu mibanire y’abakundana, kuko burya umukunzi wawe si umutagatifu ku buryo uzanyurwa n’ibikorwa bye byose.
Ugomba kwiga kwihanganira amakosa n’imyitwarire itari myiza iranga umukunzi wawe kuko uretse kuba bizatuma urukundo n’umubano wanyu birushaho gukomera, nawe ubwe bizamufasha guhinduka ku buryo bworoshye.
Ikindi kintu gikenewe hagati y’abakundana ni ugutega amatwi no kumva umukunzi wawe, kuko aho byabuze usanga bahora mu ntonganya zidashira.
Ni benshi batandukana atari uko badakundana ahubwo aruko ubwumvikane hagati yabo bwabuze.
6.Guhana amakuru no gufatanya muri byose

Nibyo koko murakundana kandi by’ukuri ariko burya ibyo byonyine ntibyatuma murambana nkuko mu byifuza.
Nyuma y’urukundo mugomba guhana amakuru no kubwirana byose, kuko iyo iki kibuze na bimwe byavuzwe mbere bigenda bikendera.
Ntukwiye kwicara ngo utekereze ko umukunzi wawe azamenya icyo utekereza kitagenda neza cyangwa wifuza kandi utakimugejejeho, iga kumubwira ibikurimo byaba ibyo wifuza, ibitagenda neza cyangwa se ibindi byose ubona ko akwiye kumenya.
Ikindi kandi nk’abantu bakundana kandi bifuza kurambana mukwiye gufatanya muri byose, ibibazo n’ibihe bikomeye mukabibanano ntihagire utererana undi.
Nibyo koko murakundana, ariko niba utekereza ko bihagije uribeshya kuko urukundo ari nk’urubuto rutewe mu butaka.
Iyo urubuto uruteye ntirubone izuba cyangwa amazi rukeneye ngo ruzamuke rukure neza rurapfapfana, cyo kimwe n’urukundo iyo ruhawe ibikenewe byose rurakura, ariko iyo bibuze ntawe umenya irengero ryarwo.

Monday, March 21, 2016

Umunyamakuru wa Radio Flash yasezeranye imbere y’amategeko (Amafoto)


     


Muyombano Peter, umunyamakuru wa Radio Flash FM yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Ange Nicole Cyuzuzo bamaze imyaka ine bakundana.
Peter Muyombano ukora mu ishami ry’amakuru n’ibiganiro kuri Radio Flash, yanakoze igihe kirekire kuri Radio Salus akiri muri Kaminuza i Huye.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Werurwe 2016, yasezeranye mu mategeko n’umukobwa bitegura kurushinga mu muhango wabereye mu biro by’Umurenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge.
Yaherekejwe n’abiganjemo abanyamakuru akorana na bo kuri Radio Flash, inshuti ze na bamwe mu muryango we n’uwa Cyuzuzo.
Muyombano yabwiye IGIHE ko azasezerana imbere y’Imana na Cyuzuzo ku itariki ya 2 Mata 2016, mu Karere ka Huye ari naho umukobwa avuka.
Gusezerana imbere y’Imana bizabera muri Kiliziya ya Mutagatifu Tereza ku Itaba mu Mujyi wa Huye.

Basezeraniye kuzajya bafasangira byose kandi bafatanyije
Muyombano na Cyuzuzo bamenyanye mu mwaka mwaka wa 2011, bahuye i Butare uyu mukobwa arangije amashuri yisumbuye muri Groupe Officielle ya Butare mu gihe Muyombano yigaga mu mwaka wa kabiri mu ishuri ry’itangazamakuru.
Mu byo Muyambano yakundiye Cyuzuzo, ngo ni uko uburanga afite ku mubiri buri no ku mutima, bigatsindagirwa n’uko biyumvanamo.
Ati “Ni umukobwa mwiza ku mutima no ku mubiri. Ariyubaha ariko mbere ya byose arankunda."

Basezeraniye kuzajya bafasangira byose kandi bafatanyije

Muyombano n'umukunzi be basinyiye amasezerano yabo

Akanyamuneza nyuma yo kuva mu Murenge wa Gitega gusezerana
Umuraperi Pacson yatawe muri yombi
     


Umuraperi Ngoga Edson [Pacson] yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Werurwe 2016.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, SP Mbabazi Modeste yabwiye IGIHE ko Pacson afungiwe kuri Station ya Polisi ya Gikondo. Akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa.
Ati « Gufungwa byo arafunzwe, turamufite […] Akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa. »
SP Mbabazi Modeste yavuze ko icyaha Pacson akurikiranyweho yagikoze ku itariki ya 2 Nzeri 2015 mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro. Kuva icyo gihe yahamagajwe n’inzego zibishinzwe yanga kwitaba kugeza ubwo yakorewe dosiye atarafungwa nyuma Polisi ibona kumushakisha atabwa muri yombi.

Umuraperi Pacson ari mu gihome, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa
Nahamwa n’icyaha akurikiranyweho, azahanwa n’ingingo y’148 mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda. Iyi ngingo igena ko umuntu wese ubishaka, ukomeretsa undi cyangwa umukubita cyangwa umusagarira ku buryo bwa kiboko bubabaje, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n‟ihazabu y‟amafaranga y‟u Rwanda kuva ku bihumbi ijana (100.000) kugeza ku bihumbi magana atanu (500.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
Mu gihe umugambi cyangwa igico byateguriye icyaha, uwakoze icyaha ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri (2) kugeza ku myaka itatu (3) n‟ihazabu y‟amafaranga y‟u Rwanda kuva ku bihumbi ijana (100.000) kugeza ku bihumbi magana atanu (500.000).

Pacson asanzwe ari umunyamakuru kuri TV1

Umugore wa Ne-Yo yabyaye bakiri mu kwezi kwa buki



     


Ne-Yo n’umugore we Crystal Williams bibarutse imfura, ni ibyishimo by’inyongera nyuma y’ibyumweru bigera bitatu bishize bambikanye impeta.
Ne-Yo na Crystal barushinze tariki ya 20 Gashyantare 2016 mu birori byabereye kuri Terranea Resort mu Mujyi wa Rancho Palos Verdes [RPV] muri Leta ya California.
Bakoze ubukwe Crystal Williams atwite inda y’imvutsi. Ibirori by’aba bombi byitabiriwe n’inshuti za hafi ndetse n’abo mu miryango yombi bagera ku 150.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Werurwe 2016, Crystal yibarutse imfura ya Ne-Yo bahaye izina rya Prince Shaffer Chimere Smith Jr.
Yanditse kuri Instagram avuga ko yibarutse bimugoye cyane gusa ngo we n’uruhinja bameze neza.
Yagize ati « Prince Shaffer Chimere Smith Jr yahageze. Apima ibiro bitatu na sentimetero 48. Byari bigoye cyane […] Byabaye ngombwa ko bambaga byihuse kubera ibibazo byabayemo. Ku bw’imbaraga za muganga wanjye Sheryll Ross na Ne-Yo umugabo wanjye, nabashije kubisohokamo neza… !!! »
Ni umwana wa Gatatu wa Ne-Yo kuko yasezeranye na Crystal mu gihe asanzwe afite abandi bana barimo uwitwa Madilyn Grace na Mason Evan Smith yabyaranye na Monyetta Shaw.

Orchestre Impala igiye gukora ibitaramo bizenguruka ibice by’icyaro


     


Itsinda ry’abacuranzi ryubatse amateka, Orchestre Impala de Kigali, rigiye gukora ibitaramo byinshi bizazenguruka u Rwanda mu bice byiganjemo iby’icyaro.
https://www.youtube.com/watch?v=fEPhkE2yGiUOrchestre Impala yateguye ibi bitaramo mu rwego rwo kwegera abakunze umuziki wayo mu myaka irenga mirongo ine ishize ishinzwe. Ngo banifuza kuvana mu bwigunge abakunzi ba muzika batagerwaho n’ibitaramo mu Rwanda.
Munyanshoza Dieudonne umwe mu bagize Orchestre Impala, yavuze ko ibi bitaramo bizajya bibera mu masoko n’udusentire turi kure y’imijyi.
Ati « Ni ibitaramo tumaze iminsi dutegura, bizajya bibera mu byaro muri twa dusentire twa kure iyo mu cyaro […] Hari ingeri nyinshi z’abakunda umuziki ariko baheze mu bwigunge. »
Ibi bitaramo bizatangira mu mezi abiri ari imbere nibigenda uko babiteguye, bashyizeho ibiciro byorohereza buri wese kureba Impala zicuranga.
Aba bacuranzi kandi bari gutegura indirimbo nshya ziyongera ku ndirimbo zo hambere Impala zacuranze mu myaka irenga mirongo ine ishize.
By’akarusho, Orchestre Impala ifite igitaramo gito ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Werurwe 2016, kirabera ahitwa La Classe mu Mujyi wa Kigali rwagati ahegeranye na Ecole Belge.
Ati « Igitaramo dufite nimugoroba ni gito, kiratangira saa moya muri La Classe, ducuranga za ndirimbo za kera z’Impala, abari buze kuhagera mpamya ko bari bwishime. »

Impala ziracurangira kuri La Classe kuri uyu mugoroba
Mu bahoze bagize Impala, hasigaye babiri bakiriho uwitwa Sebigeri Paul [Mimi la Rose] na Ngenzi Fidèle [bita Fidele Jakard].
Orchestre Impala yatangiye mu 1974, yari igizwe n’abacuranzi barindwi : Sebanani Andre [Pepe La Rose], Gasasira Jean Felix [Soso Mado], Kalimunda Jean Pierre bahimbaga Kali wa Njenje hari Kandi Rubangura Francois bitaga Maitre Rubangi, Ngenzi Fidele bahimba Fidèle Jacard, Semu Jean Berechimas bahimbaga Semu wa Semu, Gasigwa Abdukatifu bahimbaga Tubi Lando, na Sebigeri Paul bahimba Mimi La Rose.
Orchestre Impala izwi cyane mu ndirimbo zakanyujijeho Anita Mukundwa, Abagira amenyo, Iby’Isi ni amabanga, Inkuru mbarirano, Mbega ibyago, Hogoza ryanjye, Amavubi, Bonane n’izindi n’ubu zigikunzwe bikomeye.

Urukundo ni rwose hagati y'umukobwa wa Michael Jackson w'imyaka 17 n'umusore w'imyaka 26 (amafoto)

Yitwa Paris jackson ,yagize ibibazo kuva yabura se ,yagiye avugwaho kunywa ibiyobyabwenge ndetse ngo ku buryo nyina atabashaga kumubwira ngo amwumve,Muri ibi bihe byose ariko,Paris yagaragaweho n'ibintu bibiri ,urukundo rwe n'umusore biganaga , Chester Castellaw,ikindi n'ugucuranga Guitar mu buryo butangaje,,ntabwo ari ugucuranga Guitar dushaka kubabwira cyane,ahubwo dushaka kuvuga ukuntu Paris nyuma yuko atandukanye na Chester yahaye umutima we undi musore witwa Michael ,MTO ivuga ko afite imyaka 26,ndetse igahamya ko urukundo rwa Paris na MIchael ari rwose.

 Ngo Michael ari kumara agahinda uyu mukobwa ,iyo bari kumwe baba bisekera ,ibi MTO ibihamya yifashishije aya mafoto:


 


JUSTIN BIEBER MISSIN' SELENA AGAIN

0319-justin-bieber-instagram-selena-gomez-feels-INSTAGRAM-01Justin Bieberhttps://en.wikipedia.org/wiki/Justin_Bieber just can't shake his feelings for Selena Gomez ... at least that's what a recent post indicates. 
Bieber posted a throwback pic of him and Gomez locking lips on his Instagram account Saturday ... it's not the first time he's hinted at missing his former gf. You might remember, he gushed over Selena's look at last year's met gala a few months after the two called it quits. 
It's interesting, Bieber starts a string of three concerts in L.A. Sunday night ... maybe the throwback's a last minute attempt to get Selena to come, or maybe it's just puppy love.

 

Safi yeruye bidasubirwaho ko nyuma ya Knowless, yiboneye umugore wamutwaye umutima

kuva mu ntangiriro z’umwaka wa 2015. Rimwe Safi yeruraga ko yihebeye uyu mugore watandukanye n’umugabo babanaga i Burayi, ku rundi ruhande uyu mugore akavuga ko bafitanye ubucuti busanzwe ariko ibyo bagendaga batangaza n’ibimenyetso by’urukundo rwabo bashyiraga ahagaragara bikaba byararushagaho gushimangira ko urukundo rwabo rwashinze imizi.
Urukundo rwa Parfine Umutesi na Safi, rwatangiye kunugwanugwa ubwo Urban Boys bajyaga gutaramira i Burayi
Urukundo rwa Parfine Umutesi na Safi, rwatangiye kunugwanugwa ubwo Urban Boys bajyaga gutaramira i Burayi

Friday, March 18, 2016

Abanyarwenya ba Comedy Knights bagiye gukorera igitaramo i Kampala




Mu Mujyi wa Kampala hateguwe igitaramo cy’urwenya kizahuza Abanyarwanda batuye muri Uganda, kizasusurutswa n’itsinda ry’abanyarwenya bahuriye muri Comedy Knights.
Iki gitaramo cyiswe ‘Jazz Comedy Uganda’, kizaba ku itariki ya 23 Werurwe 2016 kuri Laftaz Comedy Lounge mu Mujyi wa Kampala.
Kizitabirwa n’abanyarwenya bamenyerewe mu Rwanda barimo Nkusi Arthur, Babu, Michael, George, Herve n’abandi. By’umwihariko abazaturuka i Kigali bazafatanya n’umunyarwenya ukomeye muri Uganda witwa Alex Muhangi.
Nkusi Arthur umwe mu bagize Comedy Knights, yabwiye IGIHE ko iki gitaramo cyateguriwe Abanyarwanda bakunda urwenya batuye i Kampala ndetse ngo hari gahunda yo gukora ibitaramo nk’ibi mu bihugu byose bigize Afurika y’Uburasirazuba.
Ati « Ni nka bya bitaramo Comedy Knights twakoreye i Burundi batarajya muri biriya bibazo by’intambara. Turashaka ko nyuma ya Kampala nibigenda neza twajya no mu bindi bihugu […] Ni gahoro gahoro, turashaka kureba ko comedy yacu yakundwa no mu bindi bihugu. »
Abagize Comedy Knights bazataramira i Kampala
Nyuma y’iki gitaramo cy’i Kampala, hari ikindi gikomeye Nkusi Arthur azitabira i Nairobi, cyatumiwemo abanyarwenya bakomeye mu Karere.
Ati “Mbere yo kujya i Nairobi tuzakora igitaramo cyacu i Kampala, ni Comedy Night nk’iyo mu Rwanda ariko izabera hanze y’igihugu.

Thursday, March 17, 2016

Ibintu 5 buri muntu ashobora kwigira kuri Miss Bahati Grace wizihiza isabukuru y’imyaka 25

Kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Werurwe 2016, nibwo Miss Rwanda 2009; Bahati Grace yizihiza isabukuru y’imyaka 25 y’amavuko, imyaka yahuriyemo n’ibihe bitoroshye ariko akaba yarabashije no kuboneramo ibintu bikwiye gushimwa ndetse benshi bakwigiraho bikabafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Abahanga bemeza ko amakosa ari ishuri ryiza umuntu yakwigiramo amasomo azamugirira akamaro mu buzima, abandi bagashimangira ko imbuto z’umugisha nta handi wazisarura hatari ku giti cy’umuruho. Ibihe by’ishavu n’agahinda Miss Bahati Grace yanyuzemo nyuma yo gutwara inda no kubyara, nabyo byari ibibazo ariko atemeye ko bimupfira ubusa, ahubwo bigaragara ko yabikuyemo amasomo menshi yamufashije kugera aho ageze ubu.
Grace
Kuba yaratwaye inda atarashaka byongeye agatwara inda ari Nyampinga w’u Rwanda; ibyo rwose ni amakosa, ariko ikibazo gikomeye si ugukosa kuko buri muntu utuye munsi y’ijuru arakosa, ahubwo ikibazo gikomeye ni ukwitwara nabi mu makosa wakoze. Uyu munyarwandakazi, hari uburyo yitwaye mu byamubayeho buri wese akwiye kwigiraho kandi bikazamufasha kugera kuri byinshi mu buzima, muri iyi nkuru tukaba tugiye kurebera hamwe ibintu 5 umuntu yakwigira kuri Miss Bahati Grace:
Gira website
1. Kudakosoza amakosa ayandi
Miss Bahati Grace, niwe munyarwandakazi wa mbere wambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Uyu mukobwa, yaje gutwara inda ubwo yari atarasimburwa kuri uyu mwanya, inda yatewe n’umuhanzi K8 Kavuyo bari bamaze igihe bakundana. Uburemere bwo gutwara inda ari Nyampinga w’u Rwanda n’igisebo yagombaga kugira nyuma y’uko bimenyekanye, byashoboraga gutuma akuramo iyi nda cyangwa yabyara umwana akamwica nk’uko bijya bibaho ku bandi bakobwa bahitamo iyi nzira, ugasanga amakosa bakoze yo gutwara inda, bayakosoje kongeraho andi makosa ndetse yitwa icyaha gihanwa n’amategeko y’u Rwanda. Ukurikije uburemere bwabyo ndetse, hari n’uw’umutima woroshye washoboraga no kwiyahura ngo atazakomeza kwambara icyo gisebo. Ibi nyamara uyu mukobwa ntiyabikoze, yemeye gutwita arabyara ndetse aterwa ishema no kurera uwo yibarutse, ubu ni umubyeyi agenda mu muhanda nta pfunwe.
bahati
Mu buzima bwa buri munsi, buri wese ashobora kugwa mu ikosa ariko iyo atitonze aba ashobora gushiduka yakosoje ikosa irindi rikomeye rishobora no guhinduka icyaha gihanwa n’amategeko, akaba yazicuza ibyo yakoze ubuzima bwe bwose. Ni byiza ko mu gihe wakosheje, wajya wemera kandi ukacyira amakosa yawe, ukayafatira ingamba kandi ukirinda ko yashibukiraho andi ayarusha ubukana.
2. Kudacibwa intege n’amagambo y’abantu
Kumva ko uwambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda yatwaye inda atarashaka, byari inkuru ishyushye cyane! Ibinyamakuru byaranditse, abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga baramutuka abandi baramunenga, abatari bacye bashimangira ko ari ishyano riguye i Rwanda... Muri macye ntabwo byari byoroshye kuburyo Miss Bahati Grace nawe ubwe atahakana ko ibyo bihe bitazibagirana mu mateka y’ubuzima bwe. N’ubwo ariko abantu bavuze amagambo menshi, bakamuvuma mu buryo bweruye ndetse kuri bamwe akamera nk’igicibwa, uyu mukobwa ntiyacitse intege, ntibyamubujije gukomeza kwigirira icyizere no guharanira kujya imbere. Nyuma yo kubyara yakomeje amasomo ye, arera neza umwana we, muri rusange yagaragaje ko atigeze atakaza icyizere cy’ubuzima kandi ko amagambo y’abantu atigeze amuhungabanya.
bahati
Abantu bose mu buzima bwa buri munsi bahura n’ibibazo, ariko nuramuka uhuye n’ibihe bikugoye abantu bakakuvuga byinshi bibi, nucitse intege uzaba ubahaye icyuho cyo kuzahora bakunenga ibihe byose, berekana ko nta gaciro ufite kuko uzaba wemeye kugateshwa n’amagambo yabo. Ugomba gushikama, ukamenya ko ibibazo bidakemurwa no gugacika intege, ahubwo ko bikemurwa no guhaguruka ugahangana nabyo ushize amanga, kandi ko ibibazo bishobora gusibangana ari uko umaze kubona ibisubizo.
3. Kwiyegereza Imana mu bihe bikomeye
Nyuma y’inkuru y’uko atwite ndetse na nyuma yo kubyara, Miss Bahati Grace yahise agaragaza ko ibyo akora byose abitura Imana, kugeza n’ubu biragoye kuba waganira n’uyu mukobwa ngo mugire icyo muvugana hashire umunota wose atarakubwira ijambo “Imana”. N’ubwo imibanire y’umuntu n’Imana ari ibanga riri mu mutima we, ikiri ku mutima burya nticyabura no gusesekara ku munwa. Imivugire n’imigirire ya Miss Bahati Grace, igenda igaragaza ko yahisemo gutura Imana ibibazo byose kandi ubuzima bwe n’ubw’umwana we nabwo akabushyira mu biganza by’Imana.
bahati
Natwe mu buzima bwacu bwa buri munsi, imyemerere yose waba ufite ariko ishingiye ku Mana, mu mbaraga n’ukwemera kwawe nugera mu bikomeye ukabitura Imana aho kubitura abantu, ukemera ko ubuzima bwawe n’ahazaza hawe hagengwa n’Imana, nta kabuza bizaguhira kandi biguheshe kugira amahoro n’umutuzo.
4. Guceceka mu gihe biri ngombwa
Umunyarwanda yagize ati: “Ururimi rwoshywa n’urundi”. Kuva Miss Bahati Grace yatangira gutukwa no kugayitwa kuba yaratwaye inda ari Nyampinga w’u Rwanda, ntiyakunze kugira byinshi abivugaho haba mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga. Nyuma hanatangiye kuvugwa amakuru y’uko umuhanzi K8 Kavuyo babyaranye yaba yaramwigaritse, nyamara ibi byose ntacyo uyu munyarwandakazi yigeze ashaka kubivugaho, yahisemo kwicecekera, ukuri kwe akubika mu mutima. Birumvikana ko iyo ajya kwisobanura cyangwa iyo ajya kwerekana ko nta nka yaciye amabere, cyangwa wenda akavuga ko yakosheje kimwe n’uko undi wese byamubaho cyangwa ibindi nk’ibyo, nta kindi byari kumufasha uretse kurushaho kuzamura ubukana bw’abamugaragaza nk’uwakoze amahano. Kwicecekera kwe, byagiye bituma abantu barushaho kumwubaha no kumuha agahenge nabo baraceceka, babona ko iby’ubuzima bwe n’icyerecyezo cyabwo abizi.
bahati
Nawe mu buzima bwa buri munsi nugera mu gihe abantu bakakuvuga byinshi bibi, ntuzigere wirushya ufata umwanya wo kubaburanya no kubashyogoza kuko ntibizatuma baceceka ahubwo bizamera nko gukoza agati mu ntozi wisange ahubwo warushijeho gukomeza ibintu no kubyongerera ubukana.
5. Kurushaho gukora cyane ngo ugaruze umwanya wataye
Gutwita kwa Bahati Grace no kubyara akiri umunyeshuri, byaramudindije mu buryo bugaragara bituma ahagarika amashuri, nyamara yakoze ibishoboka byose nyuma yo kubyara, afatanya kwiga, kurera umwana no gushaka ibibatunga bombi, maze ku myaka 24 abasha kurangiza amasomo ye ya Kaminuza mu bijyanye n’ubuvuzi bw’amenyo. Hari muri Gicurasi umwaka ushize wa 2015 ubwo yashyiraga akadomo ku masomo ye, agahita anatangira akazi ke agakora ibijyanye n’ibyo yize kugeza n’ubu akaba akomeje kwiteza imbere. Urebye ibibazo yanyuzemo n’uburyo yabyitwayemo, yagerageje gusiganwa n’igihe, ubu akaba yizihiza isabukuru y’imyaka 25 yaramaze kugera kuri byinshi bigaragarira amaso y’abantu.
bahati
Mu buzima ntawe utahura n’ibibazo, ariko iyo wemeye guheranwa nabyo ukumva ko iby’isi byagusize, ntakabuza nyine bikomeza kugusiga nyamara iyo ushyizemo imbaraga nyinshi ndetse zirenze izo wakoreshaga mbere, ubasha kugaruza umwanya wari warataye, ukihesha agaciro kandi ukarushaho gukomeza kwiteza imbere no kugirira igihugu cyawe n’isi muri rusange akamaro.

Umunyamakuru Rutamu na Danny Vumbi bishimiwe cyane muri Kaminuza y'u Rwanda i Busogo

Mu gitaramo cyari kigamije gushimisha abanyeshuri giteguwe n’ubuyobozi bw'abanyeshuri cyaraye kibereye muri Kaminuza y'u Rwanda ishami rya Busogo (UR –CAVM Busogo) abafana baraye bishimiye cyane umunyamakuru Rutamu Elie Joe ndetse na Danny Vumbi nyuma yo kubashimisha mbere y’umukino wa Arsenal na Barcelone.
Ibi birori byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16/3/2016 byari byahuriranye n’umukino wa Barcelone na Arsenal, byitabiriwe n’abahanzi nka Danny Vumbi kimwe n’umwana ukizamuka Luckman; aba bombi bakaba baririmbiye abanyeshuri, abayobozi ndetse n'abaturiye iri shami rya Kaminuza y'u Rwanda, mbere gato y'uko umunyamakuru wa radiyo Rwanda Rutamu Elie Joe atangira gutanga ibyiyumviro bye ku mukino wa Champions League wari ugiye kuba.
rutamu
Abafana bari benshi muri iki cyumba mberabyombi cya kaminuza y'u Rwanda, ishami ry'ubuhinzi n'ubworozi

Iki gitaramo cyahuriranye n’umukino wa Barcelone na Arsenal cyari kitabiriwe ku rwego rwo hejuru cyane ko abanyeshuri, abaturage ndetse n’abayobozi ba kaminuza bari  bakubise buzuye inzu mberabyombi y’iki kigo cy’ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi. Usibye Danny Vumbi washimishije abantu cyane mu ndirimbo, Rutamu Elie Joe yongeye kwerekana ko mu ntara y’amajyaruguru ahafite abafana benshi cyane kuko ubwo yajyaga ku rubyiniro ibintu byahinduye isura abantu barahimbarwa bishimira bikomeye uyu musore.