Abahanga bemeza ko amakosa ari ishuri ryiza umuntu yakwigiramo
amasomo azamugirira akamaro mu buzima, abandi bagashimangira ko imbuto
z’umugisha nta handi wazisarura hatari ku giti cy’umuruho. Ibihe
by’ishavu n’agahinda
Miss Bahati Grace yanyuzemo nyuma yo gutwara inda
no kubyara, nabyo byari ibibazo ariko atemeye ko bimupfira ubusa, ahubwo
bigaragara ko yabikuyemo amasomo menshi yamufashije kugera aho ageze
ubu.
Kuba yaratwaye inda atarashaka byongeye agatwara inda ari Nyampinga
w’u Rwanda; ibyo rwose ni amakosa, ariko ikibazo gikomeye si ugukosa
kuko buri muntu utuye munsi y’ijuru arakosa, ahubwo ikibazo gikomeye ni
ukwitwara nabi mu makosa wakoze. Uyu munyarwandakazi, hari uburyo
yitwaye mu byamubayeho buri wese akwiye kwigiraho kandi bikazamufasha
kugera kuri byinshi mu buzima, muri iyi nkuru tukaba tugiye kurebera
hamwe ibintu 5 umuntu yakwigira kuri Miss Bahati Grace:
1. Kudakosoza amakosa ayandi
Miss Bahati Grace, niwe munyarwandakazi wa mbere wambitswe ikamba rya
Nyampinga w’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Uyu mukobwa,
yaje gutwara inda ubwo yari atarasimburwa kuri uyu mwanya, inda yatewe
n’umuhanzi K8 Kavuyo bari bamaze igihe bakundana. Uburemere bwo gutwara
inda ari Nyampinga w’u Rwanda n’igisebo yagombaga kugira nyuma y’uko
bimenyekanye, byashoboraga gutuma akuramo iyi nda cyangwa yabyara umwana
akamwica nk’uko bijya bibaho ku bandi bakobwa bahitamo iyi nzira,
ugasanga amakosa bakoze yo gutwara inda, bayakosoje kongeraho andi
makosa ndetse yitwa icyaha gihanwa n’amategeko y’u Rwanda. Ukurikije
uburemere bwabyo ndetse, hari n’uw’umutima woroshye washoboraga no
kwiyahura ngo atazakomeza kwambara icyo gisebo. Ibi nyamara uyu mukobwa
ntiyabikoze, yemeye gutwita arabyara ndetse aterwa ishema no kurera uwo
yibarutse, ubu ni umubyeyi agenda mu muhanda nta pfunwe.
Mu buzima bwa buri munsi, buri wese ashobora kugwa mu ikosa ariko iyo
atitonze aba ashobora gushiduka yakosoje ikosa irindi rikomeye
rishobora no guhinduka icyaha gihanwa n’amategeko, akaba yazicuza ibyo
yakoze ubuzima bwe bwose. Ni byiza ko mu gihe wakosheje, wajya wemera
kandi ukacyira amakosa yawe, ukayafatira ingamba kandi ukirinda ko
yashibukiraho andi ayarusha ubukana.
2. Kudacibwa intege n’amagambo y’abantu
Kumva ko uwambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda yatwaye inda
atarashaka, byari inkuru ishyushye cyane! Ibinyamakuru byaranditse,
abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga baramutuka abandi baramunenga,
abatari bacye bashimangira ko ari ishyano riguye i Rwanda... Muri macye
ntabwo byari byoroshye kuburyo Miss Bahati Grace nawe ubwe atahakana ko
ibyo bihe bitazibagirana mu mateka y’ubuzima bwe. N’ubwo ariko abantu
bavuze amagambo menshi, bakamuvuma mu buryo bweruye ndetse kuri bamwe
akamera nk’igicibwa, uyu mukobwa ntiyacitse intege, ntibyamubujije
gukomeza kwigirira icyizere no guharanira kujya imbere. Nyuma yo kubyara
yakomeje amasomo ye, arera neza umwana we, muri rusange yagaragaje ko
atigeze atakaza icyizere cy’ubuzima kandi ko amagambo y’abantu atigeze
amuhungabanya.
Abantu bose mu buzima bwa buri munsi bahura n’ibibazo, ariko nuramuka
uhuye n’ibihe bikugoye abantu bakakuvuga byinshi bibi, nucitse intege
uzaba ubahaye icyuho cyo kuzahora bakunenga ibihe byose, berekana ko nta
gaciro ufite kuko uzaba wemeye kugateshwa n’amagambo yabo. Ugomba
gushikama, ukamenya ko ibibazo bidakemurwa no gugacika intege, ahubwo ko
bikemurwa no guhaguruka ugahangana nabyo ushize amanga, kandi ko
ibibazo bishobora gusibangana ari uko umaze kubona ibisubizo.
3. Kwiyegereza Imana mu bihe bikomeye
Nyuma y’inkuru y’uko atwite ndetse na nyuma yo kubyara, Miss Bahati
Grace yahise agaragaza ko ibyo akora byose abitura Imana, kugeza n’ubu
biragoye kuba waganira n’uyu mukobwa ngo mugire icyo muvugana hashire
umunota wose atarakubwira ijambo “Imana”. N’ubwo imibanire y’umuntu
n’Imana ari ibanga riri mu mutima we, ikiri ku mutima burya nticyabura
no gusesekara ku munwa. Imivugire n’imigirire ya Miss Bahati Grace,
igenda igaragaza ko yahisemo gutura Imana ibibazo byose kandi ubuzima
bwe n’ubw’umwana we nabwo akabushyira mu biganza by’Imana.
Natwe mu buzima bwacu bwa buri munsi, imyemerere yose waba ufite
ariko ishingiye ku Mana, mu mbaraga n’ukwemera kwawe nugera mu bikomeye
ukabitura Imana aho kubitura abantu, ukemera ko ubuzima bwawe n’ahazaza
hawe hagengwa n’Imana, nta kabuza bizaguhira kandi biguheshe kugira
amahoro n’umutuzo.
4. Guceceka mu gihe biri ngombwa
Umunyarwanda yagize ati: “Ururimi rwoshywa n’urundi”. Kuva Miss
Bahati Grace yatangira gutukwa no kugayitwa kuba yaratwaye inda ari
Nyampinga w’u Rwanda, ntiyakunze kugira byinshi abivugaho haba mu
bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga. Nyuma hanatangiye kuvugwa
amakuru y’uko umuhanzi
K8 Kavuyo babyaranye yaba yaramwigaritse, nyamara
ibi byose ntacyo uyu munyarwandakazi yigeze ashaka kubivugaho, yahisemo
kwicecekera, ukuri kwe akubika mu mutima. Birumvikana ko iyo ajya
kwisobanura cyangwa iyo ajya kwerekana ko nta nka yaciye amabere,
cyangwa wenda akavuga ko yakosheje kimwe n’uko undi wese byamubaho
cyangwa ibindi nk’ibyo, nta kindi byari kumufasha uretse kurushaho
kuzamura ubukana bw’abamugaragaza nk’uwakoze amahano. Kwicecekera kwe,
byagiye bituma abantu barushaho kumwubaha no kumuha agahenge nabo
baraceceka, babona ko iby’ubuzima bwe n’icyerecyezo cyabwo abizi.
Nawe mu buzima bwa buri munsi nugera mu gihe abantu bakakuvuga
byinshi bibi, ntuzigere wirushya ufata umwanya wo kubaburanya no
kubashyogoza kuko ntibizatuma baceceka ahubwo bizamera nko gukoza agati
mu ntozi wisange ahubwo warushijeho gukomeza ibintu no kubyongerera
ubukana.
5. Kurushaho gukora cyane ngo ugaruze umwanya wataye
Gutwita kwa Bahati Grace no kubyara akiri umunyeshuri, byaramudindije
mu buryo bugaragara bituma ahagarika amashuri, nyamara yakoze
ibishoboka byose nyuma yo kubyara, afatanya kwiga, kurera umwana no
gushaka ibibatunga bombi, maze ku myaka 24 abasha kurangiza amasomo ye
ya
Kaminuza mu bijyanye n’ubuvuzi bw’amenyo. Hari muri Gicurasi umwaka
ushize wa 2015 ubwo yashyiraga akadomo ku masomo ye, agahita anatangira
akazi ke agakora ibijyanye n’ibyo yize kugeza n’ubu akaba akomeje
kwiteza imbere. Urebye ibibazo yanyuzemo n’uburyo yabyitwayemo,
yagerageje gusiganwa n’igihe, ubu akaba yizihiza isabukuru y’imyaka 25
yaramaze kugera kuri byinshi bigaragarira amaso y’abantu.
Mu buzima ntawe utahura n’ibibazo, ariko iyo wemeye guheranwa nabyo
ukumva ko iby’isi byagusize, ntakabuza nyine bikomeza kugusiga nyamara
iyo ushyizemo imbaraga nyinshi ndetse zirenze izo wakoreshaga mbere,
ubasha kugaruza umwanya wari warataye, ukihesha agaciro kandi ukarushaho
gukomeza kwiteza imbere no kugirira igihugu cyawe n’isi muri rusange
akamaro.